wex24news

Congo ’Kinshasa’ hagiye gutangizwa Operasiyo yiswe ’Panther Noir.

Amakuru atangazwa n’igipolisi cyo muri iki gihugu, ni uko ngo iyi Opererasiyo itazagarukira i Kinshasa gusa, ahubwo ko izakomereza mu ntara mu guhiga bukware abayogoje imijyi itandukanye.

Byatangajwe na komiseri mukuru w’igipolisi gikorera i Kinshasa, aho yavuze ko kugeza ubu ubwicanyi bwamaze gufata indi ntera ndetse ko abaturage bahahamutse.Batunga agatoki abatavuga rumwe n’ubutegetsi ko aribo bakunda kwitwikira amajoro bagakora ibyo bikorwa.

Umujyi wa Goma, uri mu bice bisumbirijwe n’ubwicanyi ariko ahanini abaturage bagashinja insoresore za Wazalendo ko arizo nyirabayazana w’umutekano mucye urangwa mu ntara ya Kivu ya Ruguru,ibifashijwemo na FARDC kuko babikora aba basirikare b’igihugu babarebera ndetse bakanabafasha.

Leave a Comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *