wex24news

urwibutso rwa Kabgayi Hakenewe asaga Miliyari kugirango ngo rwagurwe

Byatangarijwe mu gikorwa cyo gutangiza icyunamo cyo kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi, ku rwibutso rwa Kabgayi mu Karere ka Muhanga, ahari hateraniye abantu benshi baje kwifatanya n’imiryango y’abarokotse Jenoside kwibuka.

Umuryango IBUKA mu Karere ka Muhanga ugaragaza ko mu gihe bitakwihutishwa ngo ayo mafaranga aboneke, byaba ari imbogamizi ku gukomeza gushyingura no kwimurira imibiri y’Abatutsi bishwe muri urwo rwibutso rw’Akarere.

Umuyobozi wa IBUKA mu Karere ka Muhanga, Ingabire Bénoît, agaragaza ko nibura hasigaye imyanya 10 gusa, yajyamo amasanduku ashyingurwamo ibibiri y’abazize Jenoside igenda iboneka hirya no hino mu Karere ka Muhanga, ku buryo hakenewe ko urwibutso rw’Akarere rwa Kabgayi rwagurwa, kugira ngo rubashe kuba kwakira iyo mibiri uko yagenda iboneka.

Agira ati “Dukeneye ko uru rwibutso rwo ku rwego rw’Akarere rwashyirwamo ibimenyetso n’amakuru yose ku mateka ya Jenoside mu Karere ka Muhanga, kandi rukagurwa kugira ngo igihe hakomeza kuboneka imibiri cyangwa kwimura isanzwe, ishyinguwe mu ngo haboneke umwanya yajyamo, kuko kugeza ubu ahasigayemo umwanya wajyamo gusa nk’amasanduku 10”.

Ingabire kandi agaragaza ko n’ubwo hakozwe byinshi ngo Abarokotse Jenoside bakomeze kugira ubuzima bwiza banarushaho kwiyubaka birimo, ubuvuzi, uburezi no gutuzwa aheza, kuko hakiri ibibazo bibugarije n’ubundi bijyanye n’ubuzima bwa buri munsi.

Muri ibyo bibazo harimo kubona ubuvuzi ku bageze mu zabukuru, kuko nk’abasigiwe ubumuga na Jenoside, uko bagenda bakura burushaho gukomera, hakaba n’abatarabona amacumbi cyangwa abayafite akaba akeneye gusanwa.

Leave a Comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *