wex24news

beni:ADF irashinjwa kwica abasaga 40.

Abaturage ba Beni bakomeje guhinda umushyitsi aho bahora biteguye ko izi nyeshyamba zigometse ku butegetsi bwa Uganda zabavutsa ubuzima.

Izi nyeshyamba ziganje mu duce twa Mangina, Mavivi, Sayo, Bunji, Matembo, Mutube, Kasanga-Tuha n’ahandi.

Ibi bibaye mu gihe hari hashize igihe izi nyeshyamba zisa n’izatanze agahenge, ibi bikaba bisa n’ibirimo gutungurana kuko ubusanzwe ibi bitero byo kwangiza no kwica abantu izi nyeshyamba ntabwo zakundaga kubikora mu kwezi kwa Ramadan.

Abatangabuhamya bavuga ko mu cyumweru gishize kandi mu ishyamba rya Mutube, muri Komini ya Mavivi, izi nyeshyamba ngo zahiciye abaturage 9.

Ku italiki 4 Werurwe, abasivili 5 barishwe, naho inzu zisaga 10 zitwikwa n’abantu bitwaje intwaro.

Pépin Kavota, ni Perezida wa Sosiyete Civil mu mugi wa Beni, yamaganye ubu bwicanyi, asaba ko igisirikare gukwiye guhiga bukware izi nyeshyamba.

Ati”Nkeka ko byihutirwa ko inzego zose bireba cyane cyane iz’ubuyobozi zakanguka zigahagurukira ubu bwigomeke. Ubuyobozi bwo hejuru bukwiye gufata ingamba zihutirwa zo kurinda abaturage. ”

Kapiteni Anthony Mwalushayi, ni umuvugizi wa Gisirikare wa Operation Sokola 1, ihuriwemo n’ingabo za Congo na Uganda, ishinzwe guhashya izi nyeshyamba, yavuze ko abaturage bakwiye kwirinda gushyira ibintu byose ku mbuga nkoranyambaga, mu rwego rwo kwirinda guha icyuho n’amakuru izi nyeshyamba.

Leave a Comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *