wex24news

Disi Dieudonne wasabye ubutabera kubw’imibiri y’abe bazize Jenoside

Ntazinda Erasme Umuyobozi w’Akarere ka Nyanza ,yagiriye inama Disi Dieudonne gukomeza kwitabaza ubutabera nyuma yo kutanyurwa n’imyanzuro y’urukiko ku kirego yaregagamo Habineza Jean Bosc usanzwe ari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge, cyo guhisha amakuru ku mibiri y’abazize Jenoside.

Disi Dieudonne yanditse kuri X, agaragaza ko atishimiye imikirize y’urubanza rwa Habineza Jean Bosco uyobora Umurenge wa Busoro, mu Karere ka Nyanza. Disi yavuze ko hashize imyaka itanu Habineza Jean Bosco yabakoreye icyaha cyo gutanga amakuru atari yo akanarigisa imibiri y’abo mu muryango we bazize Jenoside yakorewe Abatutsi, ubwo Habineza yayoboraga umurenge wa Kibirizi.

Habineza Jean Baptiste ashinjwa ko ubwo yayoboraga mu Murenge wa Kibirizi,hatanzwe amakuru y’imibiri y’abo mu muryango we bari mu musarane,maze igihe cyo gukuramo iyo mibiri bigakorwa Gitifu Habineza ahari, ndetse ikavanwamo ngo ari ine.

Disi avuga ko ubwo Habineza yageraga mu rukiko, ngo yavuze ko mu musarane habonetsemo umubiri umwe maze urukiko rubishingiraho rugira abere abari bafashwe.

Disi Dieudonne yakomeje avuga ko bahise bajurira, ndetse banongeramo ikindi kirego kireba Gitifu Habineza, cyo kurigisa imibiri y’abavandimwe be, ndetse banatabaza inzego nkuru z’igihugu; nyuma iyo mibiri iza kuboneka inashyingurwa mu cyubahiro mu Rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi 1994 mu Mayaga.

Image

RIB yataye muri yombi Gitifu Habineza Jean Baptiste,ariko urukiko ruza kumugira umwere nyuma, gusa abo mu rugo rwabonetsemo ibiri bo bongeye gufungwa bakatirwa igihano cy’igifungo cya burundu.

Disi Dieudonne avuga ko nubwo bahawe ubutabera, ariko Gitifu Habineza atagakwiye kuba akiri umuyobozi wizerwa kuko ngo yahishiriye amakuru agamije gufunguza abaje guhamwa n’ibyaha bya Jenoside, bakaba baranakatiwe burundu.

Ntazinda Erasme Meya w’Akarere ka Nyanza Yagize ati “Niba ataranyuzwe yasubira mu rukiko,kuko twe igihe cyose tubona ko urukiko nta kibazo rubibonamo,icyo gihe twe ntacyo twabikoraho. Yasubira mu rukiko, niba hari icyo abona kitakozwe noneho kibe cyakorwa, tumenye icyo urukiko rwemeje.’’Iki cyaha cyo guhisha imibiri, Gitifu Habineza yigeze kugifungirwa, ndetse arakiburana; agirwa umwere.