wex24news

bagiye gukumirwa kwinjira mu Birwa bya Maldives

Ubuyobozi bw’Ibirwa bya Maldives bwatangaje ko butazongera gutuma abantu bafite pasiporo zo muri Israel babyinjiramo, kubera intambara icyo gihugu gikomeje gushyamiranamo n’Umutwe wa Hamas ugenzura Intara ya Gaza muri Palestine.

An Israeli passport on January 18, 2023. (Nati Shohat/Flash90)

Ni icyemezo cyatangajwe ku wa 02 Kamena 2024, mu itangazo rigenewe itangazamakuru ryaturutse mu Biro bya Perezida Dr. Mohamed Muizzu.

New Maldives President Mohamed Muizzu

Perezida Dr. Mohamed Muizzu kandi yatangaje ko agiye gukora ibishobaka byose akifatanya n’Abanye-Palestine, ku ikubitiro akaba agiye kohereza intumwa ze muri icyo gihugu zikareba icyo abaturage bacyo bakeneye, ndetse agashyiraho n’ikigega cyo kubakusanyiriza inkunga.

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Israel, yahise isaba Abanya-Israel kwirinda kujya mu Birwa bya Maldives, inabwira Abanya-Israel bari muri ibyo birwa gushaka uko bahava kuko baramutse bagiriyeyo ikibazo leta yabo itabona uko ibafasha.