wex24news

yemeye kwitwararika ku rubanza rw’umuhungu we

Mbere y’itangira ry’urubanza rwa Hunter Biden aregwamo gutunga imbunda bitemwe, rwatangiye ku wa Kabiri, ise yasohoye itangazo ryerekanye uburyo ameze nk’ugenda ku magi mu kugerageza ibikirwa bye byo kwiyamamaza.

Hunter Biden departs from federal court in Wilmington, Del.

Perezida Joe Biden ygize ati“Ndi Perezida, ariko kandi ndi n’umubyeyi,” ni ko Perezida Joe Biden yavuze igihe guhitamo inteko y’inyangamugayo zizaca urubanza byatangiraga ku wa Mbere.

Ibibazo bya Hunter Biden mu biyobyabwenge ni kimomo. Yabiganiriyeho ku mugaragaro ndetse anabyandikaho mu gitabo cy’ubuzima bwe, ibintu yahishuyemo bizakoreshwa nk’ibimenyetso muri uru rubanza.

Joe Biden yigeze kuvuga ku mugaragaro ku bibazo bwite by’umuhungu we. Mu kiganiro mpaka cya mbere yagiranye na Donald Trump muri 2020, yavuze ko “afite ishema” ko umuhungu we rukumbi warokotse.

Uwahoze ari umugore wa Hunter Biden, Kathleen Buhle, byitezwe ko azatanga ubuhamya muri uru rubanza ku bibazo by’ikoresha ry’ibiyobyabwenge.

Mu gihe cyo guhitamo abazaca urubanza mu cyitwa ‘jury selection’, umuryango wa Biden wari uhari. Ariko perezida yari yamaze gusubira i Washington. N’ubwo yagaragaje gushyigikira umuhungu we ariko aranagerageza kwitandukanya n’urubanza ubwarwo.

Hunter Biden naramuka ahamijwe ibyaha muri izi manza zo ku rwego rw’igihugu, biri mu bubasha bwa perezida kumubabarira.