wex24news

yemereye abaturage ikigega cy’ubuhinzi n’ubworozi natorwa

Dr Frank Habineza yakomereje ibikorwa bye byo kwiyamamaza mu karere ka Nyanza umurenge wa Busoro iba site ya kabiri yo mu ntara y’Amajyepfo ishyaka Green party rigezeho.

Ku isaha ya saa sita n’igice, nibwo Dr Frank Habineza yari amaze kugera kuri iyi site nyuma y’urugendo yakoze ava I Kigali yerekeza muri iyi ntara anyuze i Bugesera mu ntara y’Iburasirazuba.

Aganira n’abaturage, Dr Frank Habineza yabwiye abaturage bo mu karere ka Nyanza ko agitangira kuvuganira abaturage yagiye aterwa ubwoba ko naramuka akomeje kuvuga ibyo abonye byose bizarangira abuze umugati ariko ababwira ko ataje mu nteko nshingamategeko ajemo gushaka umugati.

Uretse kandi guteza imbere ubuhinzi muri aka karere, Dr Frank Habineza yavuze ko yizeye ko umusaruro uzaba mwinshi hagakenerwa gusagurira amasoko by’umwihariko ayo hanze y’igihugu. Imbogamizi irimo, ni uko usanga hari ibihugu bifunga imipaka uko byishakiye bityo bikagira ingaruka mbi ku baturage.

Yavuze ko namara gutorwa azasinya amasezerano n’ibihugu by’ibituranyi ku buryo nta kindi gihugu kizongera gufunga imipaka abantu bazakomeza gukora ndetse n’ubuhahirane bugakomeza hatajemo ibintu byo gufunga imipaka no gufungura.