wex24news

yikomye abatamufata nk’icyamamare mu muziki wa Nigeria

Umuhanzi uri mu bakomeje kuzamuka mu buryo bushimishije mu gihugu cya Nigeria Divine Ikubor uzwi nka Rema, avuga ko kudafatwa nk’icyamamare ahubwo bakavuga ko atari ku rwego rumwe n’abarimo Wizkid, Davido na Burna Boy, abifata nko kwibasirwa.

Rema revient de nouveau à la fin de juillet avec un nouvel EP de cinq tubes en puissance : Bad Commando. © DR

Uyu muhanzikazi yabivuze ubwo yavugaga ku byo yari yashyize ku mbuga nkoranyambaga ze avuga ko ibihangange mu ruhando rwa muzika muri Nigeria byiyongereyeho kimwe, maze abantu bakamwadukira.

Rema yavuze ibi ubwo yashyiraga amashusho y’indirimbo ye nshya ku mbuga nkoranyambaga ze mu rwego rwo kuyimenyekanisha (Promoting), ahita yandika amagambo avuga ko yiyongereye ku rutonde rwa B3.

Uyu muhanzi yashyize indirimbo ye nshya yise HEHEHE ku mbuga ze mugitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 8 Nyakanga 2024, mu gihe uyu musore bimaze igihe bivugwa ko ari mu munyenga w’urukundo n’uwahoze ari umukunzi wa Wizkid Justine Skye.