wex24news

Roberto Firmino yabaye pasiteri w’itorero ryabo

Roberto Firmino wahoze akinira ikipe ya Liverpool n’ikipe y’igihugu ya Brésil yabaye umushumba mukuru w’itorero ry’ivugabutumwa yashinze i Maceio, muri Brazil.

Roberto Firmino n’umugore we Larissa Pereira bashinze itorero ryabo bise Evangelical Church muri Brazil nk’uko ikinyamakuru Glob cyibitangaza.

Roberto Firmino n’umugore we batangaje ko gushinga itorero cyari icyifuzo cyabo kuva umunsi bakiriyeho Yesu Kristo.

Bagize ati: “Kuva twahura na Kristo bwa mbere, icyifuzo cyaje mu mitima yacu. Turashaka ko abantu bumva uru rukundo rwatugezeho. Ubu dufite ikindi cyifuzo n’inshingano: kuba abapasitori mu izina ry’Imana.”

Firmino yavuye muri Liverpool mu mpeshyi ishize nyuma yimyaka umunani muri iyi kipe. Uyu mugabo w’imyaka 31 yatsinze ibitego 111 atanga imipira ivamo ibitego 75 mu mikino 362 yakinnye.

Mu gihe yamaze muri Liverpool yatwaye Premier League, Champions League, Club World Cup, Carabao Cup na FA Cup n’ibindi bikombe byinshi bikomeye.