wex24news

AMAKURU

 Brig Gen Célestin Kanyamahanga yagiriye uruzinduko muri Brazil

Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ingabo, Brig Gen Célestin Kanyamahanga yagiriye uruzinduko muri Brazil, anagirana ibiganiro n’umwe mu bayobozi muri Minisiteri y’Ingabo muri iki Gihugu, byagarutse ku kongererera ingufu imikoranire hagati y’Ibihugu byombi mu bya gisirikare. Brig Gen Célestin Kanyamahanga yagiriye uru ruzinduko rw’akazi muri Brazil kuri uyu wa Gatatu tariki 28 Kanama 2024, nk’uko tubikesha […]

 Brig Gen Célestin Kanyamahanga yagiriye uruzinduko muri Brazil Read More »

Urukiko rwategetse ko Manzi afungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko rw’Ibanze rwa Gasabo rwategetse ko Sezisoni Manzi Davis, ukekwaho kuriganya abantu 500 amafaranga arenga miliyari 13 Frw, binyuze mu kigo gitanga serivisi z’ivunjisha rikorerwa kuri internet cya Billion Traders FX, afungwa iminsi 30 y’agateganyo kuko hari impamvu zikomeye zituma akekwaho kuba yarakoze ibyaha akurikiranyweho. Sezisoni akurikiranyweho ibyaha bitatu birimo kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya,

Urukiko rwategetse ko Manzi afungwa iminsi 30 y’agateganyo Read More »

Perezida Kagame yakiriye inyandiko za ba Ambasaderi bashya 8 

Kuri uyu wa Gatatu, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yakiriye inyandiko zemerera ba Ambasaderi bashya umunani baje guhagararira ibihugu byabo mu Rwanda.  Abo ni Ambasaderi w’u Burusiya mu Rwanda Alexander Polyakov, Ambasaderi w’Ubwami bw’u Bwongereza Alison Heather Thorpe, Ambasaderi w’u Buhinde Mridu Pawan Das n’Ambasaderi w’u Butaliyani Mauro Massoni.  Nanone kandi abandi Perezida

Perezida Kagame yakiriye inyandiko za ba Ambasaderi bashya 8  Read More »

Umwarimu arakekwaho gutera inda abanyeshuri

Ababyeyi barera ku ishuri rya GS Murira ryo mu Kagari ka Cyarukara, Umurenge wa Muganza mu Karere ka Rusizi basabye ubuyobozi guhagurukira ikibazo cy’ihohoterwa rishingiye ku gitsina rigaragara muri iki kigo nyuma y’aho hagaragaye abakobwa bane batwite, bikekwa batewe inda n’umwarimu wo kuri iki kigo. Babitangarije mu bukangurambaga bwo gusaba abaturage kugira uruhare mu gukumira

Umwarimu arakekwaho gutera inda abanyeshuri Read More »

CG Namuhoranye yakiriye Minisitiri w’Umutekano wa Sierra Leone

Kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 28 Kanama 2024, Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda CG Felix Namuhoranye, yakiriye Minisitiri w’Umutekano w’Imbere mu gihugu cya Sierra Leone Maj Gen (Rtd) David Tamba Ocil. Ni mu gihe ku wa 27 Kanama 2024, Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora (RCS) rwatangaje ko Minisitiri w’Umutekano mu Gihugu wa Sierra

CG Namuhoranye yakiriye Minisitiri w’Umutekano wa Sierra Leone Read More »

Hashyizweho uburyo bworohereza abasaba guhindura ibipimo by’ubutaka

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubutaka, cyatangaje ko serivisi zirimo izo kugabanyamo ubutaka ibice cyangwa kubuhuza ndetse no gukosoza ubuso, zitazongera gusabwa hakoreshejwe impapuro, ahubwo ko na zo ubu zisabirwa ku rubuga Irembo. Byatangajwe n’Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Ubutaka NLA (National Land Authority) mu itangazo cyashyize hanze, rigaragaza izi serivisi zongerewe mu zizajya zisabwa hifashishijwe ikoranabuhanga. Iri tangazo

Hashyizweho uburyo bworohereza abasaba guhindura ibipimo by’ubutaka Read More »

Hagiye kwizihizwa Umuganura wahariwe Abana

Inteko y’Umuco yatangaje ko ku wa Gatanu tariki 30 Kanama 2024, mu Karere ka Huye ku Ngoro Ndangamurage y’Imibereho y’Abanyarwanda, hazizihirizwa Umuganura wahariwe Abana. Buri wa Gatanu wa mbere w’Ukwezi kwa Kamana, Abanyarwanda bizihiza Umunsi Ngarukamwaka w’Umuganura aho baba bishimira ibyagezweho banahiga kuzakora ibindi. Muri uyu mwaka,  ku nshuro ya kabiri, hateguwe Umuganura wahariwe Abana,

Hagiye kwizihizwa Umuganura wahariwe Abana Read More »

Dr Mihigo ntiyahiriwe n’amatora ku mwanya w’umuyobozi wa OMS

Dr Mihigo Richard wari umukandida w’u Rwanda ku mwanya w’Umuyobozi Mukuru w’ishami ry’umuryango mpuzamahanga ushinzwe ubuzima (OMS/WHO) muri Afurika, ntabwo yahiriwe. Dr Mihigo wayoboye gahunda y’inkingo muri iri ishami, yari ahataniye uyu mwanya hamwe na Dr Faustine Engelbert Nduhugulile wa Tanzania, Dr Boureima Sambo wa Niger na Dr Ibrahima Socé Fall wa Sénégal. Dr Ndugulile

Dr Mihigo ntiyahiriwe n’amatora ku mwanya w’umuyobozi wa OMS Read More »

Dosiye y’abafite akabari kabyiniragamo inkumi zambaye ubusa yagejejwe mu Bushinjacyaha

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha ruherutse guta muri yombi abarimo nyiri akabari kagaragayemo abakobwa babyinaga bambaye ubusa, rutangaza ko iperereza ry’ibanze ryagaragaje ko abaregwa bakoreshaga abakobwa mu bikorwa by’ubusambanyi. Aba bantu batawe muri yombi mu ijoro rishyira ku wa 18 Kanama 2024, ubwo inzego z’umutekano zasangaga abantu 22 muri aka kabari kitwa Viga Edelweiss. Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha

Dosiye y’abafite akabari kabyiniragamo inkumi zambaye ubusa yagejejwe mu Bushinjacyaha Read More »

Ruranga wari umuhesha w’inkiko yafunzwe by’agateganyo

Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge rwategetse ko Ruranga Jean wahoze ari umunyamategeko wa Minisiteri y’Ubutabera wari ushinzwe kuburanira Leta imanza yarezwemo, afungwa iminsi 30 y’agateganyo. Ruranga wari usigaye ari umuhesha w’inkiko w’umwuga nyuma yo gusezera akazi muri Minisiteri, yatawe muri yombi ku itariki ya 8 Kamena 2024. Yafatanywe n’umucuruzi witwa Nkundimana Jean Damascène ufite, bombi bakurikiranyweho

Ruranga wari umuhesha w’inkiko yafunzwe by’agateganyo Read More »