wex24news

AMAKURU

Hasobanuwe impamvu yo gukora umukwabu ku nsengero

Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu yatangaje  ko gufunga insengero zitujuje ibisabwa biri gukorwa mu rwego rwo kubahiriza amategeko igihugu kigenderaho kandi hagamijwe umutekano w’Umunyarwanda. Bimwe mu bishingirwaho muri iri genzura riri gukorwa, harimo kureba ko urusengero rufite ibyangombwa by’iyandikwa bitangwa na RGB, icyemezo cy’imikoranire n’Akarere mu gihe hafunguwe ishami, kureba niba inyubako y’urusengero yujuje ibisabwa biteganywa n’amategeko […]

Hasobanuwe impamvu yo gukora umukwabu ku nsengero Read More »

RIB yamuritse ’drones’ zikoreshwa mu gukusanya ibimenyetso by’ahabereye icyaha

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwamuritse indege zitagira abapilote zizwi nka ‘drones’ zikoreshwa mu bukangurambaga bwo gukumira ibyaha no gukusanya ibimenyetso by’ahabereye icyaha. RIB kandi yagaragaje ko serivisi y’ibyangombwa itanga ubu bisigaye bisabirwa ku Irembo. RIB ni rumwe mu nzego za Leta zimaze imyaka zitabira imurikagurisha mpuzamahanga ribera i Gikondo buri mwaka. Mu imurikagurisha riri kuba

RIB yamuritse ’drones’ zikoreshwa mu gukusanya ibimenyetso by’ahabereye icyaha Read More »

IBUKA banyuzwe n’igihano Twagirayezu yahawe

Umuryango Uharanira Inyungu z’Abacitse ku Icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 (IBUKA) hamwe n’Ubushinjacyaha Bukuru bw’u Rwanda banyuze n’icyemezo Urukiko rw’Ubujurire rwafashe cyo guhanisha igifungo cy’imyaka 20, Twagirayezu Wenceslas, nyuma yo kumuhamya icyaha cyo kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Urukiko rw’Ubujurire kuri uyu wa 31 Nyakanga 2024, rwahamije Twagirayezu Wenceslas icyaha

IBUKA banyuzwe n’igihano Twagirayezu yahawe Read More »

 abakoresha n’abakozi bose mu rwanda bibikijwe umunsi w’ikiruhuko rusange

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo, yibukije abakoresha n’abakozi bose mu nzego za Leta n’iz’abikorera ko kuri uyu wa Gatanu tariki 02 Kanama 2024, ari umunsi w’ikiruhuko rusange. Ni umunsi w’ikiruhuko uteganywa n’Iteka rya Perezida wa Repubulika ryo mu kwezi k’Ukwakira 2022 rigena iminsi y’ikiruhuko rusange. Kuri uyu wa Kane tariki 01 Kanama 2024, Minisiteri y’Abakozi

 abakoresha n’abakozi bose mu rwanda bibikijwe umunsi w’ikiruhuko rusange Read More »

Abagera ku 5000 Biraye mu mirima y’abaturage ngo bashakamo Zahabu

Mu Karere ka Musanze mu nkengero z’igishanga gihuza Imirenge ya Muhoza na Gacaca hari abaturage bagera ku bihumbi bitanu bigabije imirima ya bagenzi babo barayararika, bashakamo amabuye y’agaciro bivugwa ko ari Zahabu. Abafite imirima aho hantu ntibahwemye kugaragariza ubuyobozi bw’Akarere ka Musanze iby’iki kibazo ngo kuko bamaze igihe bangirizwa ku manywa y’ihangu. Bavuga ko nta

Abagera ku 5000 Biraye mu mirima y’abaturage ngo bashakamo Zahabu Read More »

Uwari utaramara icyumweru afunguwe yatawe muri yombi

Niyongabo Jean Pierre wo mu Akarere ka Rusizi, ari mu maboko ya RIB, sitasiyo ya Bweyeye akekwaho gushikuza telefoni umukobwa yari ategeye mu nzira. Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Rasano, Nshimiyimana Moise, ngo uwo Niyomugabo Jean Pierre asanganywe ingeso y’ubujura yakoranaga na mukuru we w’imyaka 22 n’abandi basore 2, akaba yari amaze kujyanwa mu kigo cy’igororamuco

Uwari utaramara icyumweru afunguwe yatawe muri yombi Read More »

abaturage batewe impungenge n’agatsiko k’amabandi kishyize hamwe

Bamwe bo mu Murenge wa Gishubi mu Karere ka Gisagara, bavuga ko bazengerejwe n’agatsiko k’amabandi kishyize hamwe kakayogoza abaturage kakanabahohotera gakoresheje intwaro gakondo, kakanafata ku ngufu ab’igitsinagore, ndetse n’iyo hagize ugatangaho amakuru, bitamugwa amahoro. Aba baturage bavuga ko aka gatsiko kazwiho gutega abantu nijoro, kakabambura ibyo bafite byose, kakanakubita abo akambuye ku buryo hari abasigara

abaturage batewe impungenge n’agatsiko k’amabandi kishyize hamwe Read More »

Abanyarwanda batumiwe mu muhango wo kurahiza Perezida Kagame

Guverinoma y’u Rwanda yatumiye Abanyarwanda mu muhango wo kurahiza Perezida Paul Kagame uheruka gutorwa . Paul Kagame agiye kurahiririra kuyobora igihugu muri manda ye ya kane y’imyaka itanu, nyuma yo kugirirwa icyizere n’Abanyarwanda. Ni umuhango uzaba ku cyumweru tariki ya 11 Kanama 2024 kuri sitade Amahoro, nyuma yo gutsinda amatora ku majwi 99.18% Manda ya

Abanyarwanda batumiwe mu muhango wo kurahiza Perezida Kagame Read More »

yari yaragizwe umwere none yakatiwe imyaka 20

Urukiko rw’Ubujurire kuri uyu wa 31 Nyakanga 2024 rwahamije Twagirayezu Wenceslas icyaha cyo kwica nk’icyaha cya Jenoside n’icyaha cyibasiye inyokomuntu, rumukatira igifungo cy’imyaka 20 nyuma y’amezi atandatu urukiko rukuru rumugize umwere. Tariki ya 11 Mutarama 2024, Urukiko Rukuru rwasobanuye ko nta bimenyetso bifatika Ubushinjacyaha bwatanze byerekana ko Twagirayezu atari mu Rwanda mu gihe cya jenoside.

yari yaragizwe umwere none yakatiwe imyaka 20 Read More »

nkundineza jean paul yakatiwe igifungo cy’imyaka ibiri

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwahamije Umunyamakuru Jean Paul Nkundineza icyaha cyo gutangaza amakuru y’ibihuha, rumuhanaguraho icyo guhohotera umutangamakuru, rumuhanisha igifungo cy’imyaka ibiri n’ihazabu ya miliyoni 1 Frw. Ubujurire bw’Ubushinjacyaha n’ubw’umunyamakuru Jean Paul Nkundineza bwaburanishijwe tariki 17 Nyakanga 2024, ubushinjacyaha bugaragaza ko butanyuzwe n’imikirize y’urubanza kuko Urukiko rw’Ibanze rwatanze igihano gito nyamara Nkundineza atarigeze yemera icyaha.

nkundineza jean paul yakatiwe igifungo cy’imyaka ibiri Read More »